Abayobozi b’ihuriro ry’urubyiruko rwibumbiye muri BGNYL bamenyekanye…

0
118

PRETORIA, RSA – Hashingiwe kw’Itangazo ryanyujijwe ku imurenge.com ku minsi 25/12/2017, ryatangaga amahirwe kub’akoranabushake ba BGNYL (Banyamulenge Global Network Youth League), kur’ubu abagiye kuyobora abandi bamenyekanye.

Banyamulenge Global Network, ariryo huriro rihuje imiryango y’Abanyamulenge kw’isi arinaryo ryateguye aya matora yo gushaka urubyiruko ruzakorana nayo, irashima cane abasore batanze  candidatures zabo.

BGN kandi Kubera ivugako kubera ubwinshi n’ubwiza bgamabaruwa yakiriwe  ntibyari byoroshe guhitamo abahize aband bityo bakaba basaba ko  abatagiriwe amahirwe yo kuyobora BGNYL ibitekerezo n’inama zabo zikaba zikenewe mu kubaka umuryango.

Mu nyandiko yashikirijwe Imurenge.com , BGN yateguye ayamatora yavuzeko ingingo  zikurikira arizo zagendeweho kugirango batoranye abagiye kuyobora iri huriro ry’urubyiruko kw’isi: Ubunyangamugayo n’ubufura, uburambe, ubushake no kugira ubushobozi bgo guhanga, no kuba ubyiyumvamo.

Intambwe nziza yatewe nuko bgambere mu mateka GBN yahaye amahirwe abari n’abategarugori, urwandiko ruriho ababashije gutsinda aya matora rwatugezeho rukaba rugaragaza ko abakobwa babashije kwitabira aya matora, ibi bikaba bitanga icizere cane mw’iteramber ry’umuryango.

Hakurikijwe indangagaciro zavuzwe haruguru, akanama ka BGN gashinzwe guhitamo kemeje aba bakurikira nk’abayobozi ba BGNYL (Transition y’imyaka ibiri (2 years)):

President: Munezero Claude (Matito)

Vice President: Yvette Umwamikazi

General Secretary: Alexis Manyota

Treasurer: Christian Cyubahiro

Advisors
Estelle Kanyana Ruhimbika
James Musore (IT),
Héritier Bagaza

Innovation: Tresor Nkurunziza

Gender: Imelde uwase & Nyambo Muhizi

Umuco: Serugo Aimable & Danny Mugabe

Media: Elvis Kivis Ruhanama & Humure Mbasha

Umunyamabanga nshingwa bikorwa wa BGN bwana Cleophas NGANIRE, yabwiye Imurenge.com ko urwego bayoboye rwishimiye cane iyi ntambwe ko bafitiye icizere abayobiozi batowe ndetseko bagiye kurushaho gukora neza bashingiye ku mbaraga babonye nsha zurubyiruko.

 

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here