MINEMBWE, SUD-KIVU:- Nyuma yaho murakarere ka Minembwe hagiye hagaragara Imbwa n’Imbwebwe zasaze maze zikarya abantu, ibiro bishinzwe ubworozi muraka karere bwatanze itegeko ko Imbwa zose zihabwa urukingo “vaccin” kandi idahawe urwo rukingo ikichwa.
Nakazirimwe kuminsi 10 ukwezi kwa biri umwaka wa 2020, munyamakuru wa Imurenge.com, yegereye umwe muburozi b’Imbwa uzwi cyane mukarere ka Minembwe utuye mumuhana wokukabingo kwa Mufunga maze avugako yishimiye cyane iryotegeko doreko we iritegeko ryasanze yaramaze guha imbwa ye umuti avugako buri gihe cyose mukarere harintambara, imbwa zikarya abantu kumisozi ninka bizitera gusara.
Yongeyeho ko Kuva yatangira gutunga imbwa mumwaka wa 1957 yagiye abona ah’Imbwa zisara ndetse n’Imbwebwe zikirukana abantu uwo zifashe zikamurya.
Umuganga mukuru wibitaro bya Minembwe Docteur Kinyungu Reine avugako mwiyinga rimwe gusa bakiriye abarwayi bane bariwe n’Imbwa zasaze ndetse umwe yariwe n’Imbwebwe uyu akaba yaratumwe IBukavu kubitaro.
Incha bwenge nyinshi zaganiriye n’Imurenge .com, zavuzeko burigihe har’intambara mukarere Imbwa zirwara ibisazi, basabako kugirango abantu birinde ingaruka zokuribwa n’Imbwa aruko bazikingiza iyindwara yibisazi,izidakingiwe zikichwa.
Bigabo Bigirumwami umukozi wa komine Minembwe avugako aringobwa kwicha Imbwa yose ibonetse hanze nkuko zirimukurya abantu namatungo mugihe zarwaye ibisazi “rage” mugifaransa.
Ayo N’amakosa Ni bazikingire aho kuzicya.