
Ku gicamuntsi c’ aka Kabiri, intumwa za Monusco k’ ubufatanya n’ intara ya Kivu y’ amajepfo bakoresheje amahugurwa kubijanye n’ amatoro y’ igihugu ateganyijwe mu gihe kibarirwa kumezi.
Amahugurwa akaba yabereye kw’ iposita nkuru ya Minembwe ayobowe Bwana Armat Jully, umuhuzabikorwa wa Monusco mw’ ishamyi ry’ imibereho y’ abaturage. Yasabye abaturage ko batagomba kwemerera abanyepolitike kubajana uko bashaka, kandi ko bagomba gutora uwo babonamo ubushobozi bgo kugeza kw’iterambere n’ amahoro.

Abari bitabiriye iki gikorwa bishimiye cane ubumenyi bakuyemo kandi bizeza izo ntumwa ko bizokorwa neza.