Urubyiruko rwigeze kuba mu nkambi ya Kiziba rwibutse gufasha ababyeyi basize yo…

0
153

KIBUYE, RWANDA – Urubyiruko ruri mu mahanga rwigeze kuba mu nkambi ya Kiziba mu gihugu c’urwanda rufatanyije n’abagenzi babo bakiyiri muri iyo nkambi bishize hamwe bakora ishirahamwe AJBK (Association des Jeunes Banyamulenge in Kiziba), rwiyemeje gufasha ababyeyi batishoboye babarizwa muriyi nkambi.

Iyi gahunda yatangiye mu kwezi kwa 10 uyu mwaka wa 2017, urubyiruko ruri muriyi nkambi ndetse nurwayibayemo rubarizwa mu mahanga, bahujije imbaraga kugirango babashe kwita kuri bamwe mu babyeyi batishoboye muri iyi nkambi.

Imiryango yafashijwe n’ishirahamwe AJBK (Association des Jeunes Banyamulenge in Kiziba)…

Sibyo gusa ahubwo bibanda kandi kuzirikana umuco ndetse n’akaranga kabo. Uru rubyiruko rwatangiye gahunda yo gutegura amahugurwa aho bahuriza hamwe bagenzi babo ndetse n’Abanyamulenge batuye mu nkambi ya Kiziba bakibukiranya umuco na kirazira.

Uru rubyiruko rwibumbuye muri AJBK kugira ngo rushobore guteza ababyeyi babo imbere kandi bategurire akazoza kabo keza.

Imiryango yafashijwe n’ishirahamwe AJBK (Association des Jeunes Banyamulenge in Kiziba)…

Ku minsi 15/10/2017, iyi gahunda nibwo yatangiye aho urubyiruko rwose rwabaye muriyi nkambi rwavuye mu bihugu by’amahanga baza kwitabira gutangiza iki gikorwa kumugaragaro mu nkambi ya Kiziba, kuri uyu munsi hakaba harafashijwe imiryango igera kuri 25.

Iciciro ca kabiri kandi cakozwe ku minsi 20/10/2017 aho imiryango 20 yabashije kubona ubufasha bwabo, mu gihe iciciro ca gatatu babashije gufasha imiryango 6.

Musore Ngweshi, umuyobozi wa AJBK, yabwiye Imurenge.com ko iyi gahunda yatangiye mu mwaka wa 2001 ariko bafashanyaga bonyine ubwayo, nyuma aho bamaze kugirira abantu babo baja mu mahanga batekerejeko harico bashobora gukorera ababyeyi babo ndetse n’abandi batishoboye  muriyi nkambi.

Avuga kandiko bagamije kuzamura no gufasha mu mibereho impunzi z’Abanyamulenge zibarizwa muriyi nkambi iruta izindi mu gihugu c’Urwanda.

Uru rubyiruko rugendera kw’ijambo ryanditse muri bibiliya rivuga ngo “ICYATUMYE NGUSIGA I KERETI NI UKUGIRANGO UTUNGANYE IBISIGAYE BIDATUNGANYE”( Tito 1:5).”

Musore Ngweshi kandi avugako bashize ingufu mu guharanira umuco wa Kinyamurege ku bari muri iyi nkambi ndetse n’abari hanze mumahanga bibuka kuzirikana umuco wa basogokuru nubwo batari mu gihugu cabo.
Musore yasabye kandi ko urubyiruko rw’Abanyamurenge aho ruri hose kwita ku muryango no kuwukorera mu rwego rwo kuwutegura. Yanasabye buri wese gusubiza amaso inyuma bakibuka aho bavuye kuko ngo nintsinzi ikomeye ku muryango n’igihugu.
Tubibutseko buri muryango wafashijwe n’uru rubyiruko ugenerwa amafaranga y’amanyarwanda angana na 15,000Frw. Iyi miryango yafashijwe yose ikaba ingana na 40, iyi gahunda ikazakomeza mu kwezi kwambere mu mwaka wa 2018 mu rwego rwo kwifatikanya n’impunzi ndetse nabatishoboye kwizihiza umwaka musha.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here