Umuhanzi Hakiza Charles yaciye agahigo ko kwongera guhuza amatorero

0
174

MINEMBWE,SUD KIVU- Nyuma y’igihe kitari gito amatorero yo mu karere ka Minembwe arangwamo amacakubiri ndetse no guhangana hagati y’abakozi b’imana bayoboye amatorero mur’ako karere, Umuhanzi Hakiza Gaby Charles, yahisemo inzira y’ibitaramo kugirango yongere azane ubusabane mu bakirisitu.

Icumba mberabyombi ca kaminuza ya UEMI cari cakubise cuzuye abantu baturutse imfuruka zine za Minembwe baje mu gitaramo umuhanzi Hakiza Gaby Charles  yari yateguye.

Uko byari byifashe mu gitaramo categuwe na’ itsinda riyoboww na Hakiza Charles

Intego y’igitaramo yagiraga iti”Mana utwigishe kumenya kubara iminsi yacu, uburyo butuma dutunga imitima y’ubgenge, igipande canditswe muri Zaburi ya 92:12″.

Hakiza Charles, abicishije mu bihimbano biramya bikanahimbaza Imana, afite inzozi zo guteza imbere m’uburyo bg’umwuka urubyiruko rugenzi rwe rubarizwa mu karere k’ imisozi miremire ihanamiye Uvira. Uyu muhanzi avugako iki gitaramo ari itangiriro ritegura ikibanza kuko ibyiza biri imbere.

Umuhanzi Hakiza Charles ubgo yaririmbaga

Muri iki gitaramo, umushitsi mukuru wari wacitabye yari umukuru w’iposita ya Minembwe, Nzabinesha Gad. Mw’ijambo rye yashimiye Gaby hamwe n’itsinda ry’abasore rya mufashije gutegura iki gitaramo.

Yakomeje agira ati” iki gitaramo kiziye igihe kubera ko harimo ubutumwa bukomeye m’uburyo bg’umwuka n’umubiri,bizana imitekerereza misha mur’ubyiruko rw’imurenge maze rukabyiruka rwitandukanya n’amacakubiri ari mu madini murako karere”

Umukuru w’Iposita ya Minembwe, Nzabinesha Gad, ubgo yari mu gitaramo ca Gaby

Gaby Hakiza abaye umusore wambere uteguye igitaramo mu karere ka Minembwe.

Ibi bije nyuma y’amacakubiri amaze igihe arangwa mu amatorero yo mur’aka karere, kutavuga rumwe kwabo byatumye ubusabane bg’abakirisitu bucumbagira kandi idini rigomba gushimangira urukundo mu bantu.

Inkumi, Abasore, ndetse n’abakuze bose bari bazinduwe n’igitaramo Gaby na bagenzi be bari babateguriye

 

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here