Bwa mbere mu mateka igihugu c’Ububirigi cibuka intwari Patrice Lumumba witangiye igihugu ca Congo…

0
194

BRUXELLES, BELGIQUE – Ku minsi 30/06/2018 nibwo igihugu c’Ububirigi carangije umuhango wo kwibuka no kuvuga imirimo y’indangagaciro yaranze itwari yitangiye igihugu ca Congo ndetse na Afrika yose ku bumwe, Patrice Lumumba.

Uyu muhango wabereye ku munara (monument) witiriwe iyi ntwari Patrice Lumumba, ari naho imbaga y’abantu batandukanye bitabiriye uyu muhango mu kwibuka ndetse no guha agaciro iyi ntwari yitangiye igihugu. Mu bitabiriye uyu muhango harimo bamwe bo mu muryango we nabo bavuze ibyiza byarangaga nyakwigendera Lumumba. Uyu muhango wateguwe na leta ya Congo mu bufatanye n’igihugu c’Ububirigi kubwo kwibuka ibihe by’ubukoloni byaranzwe hagati y’ibi bihugu byombi.

Umunara witiriwe Patrice Lumumba wamanitswe i Kinshasa…

Jerome Duval, umwe mu bayobozi bateguye ndetse bakanashira mu bikorwa uyu muhango yagize ati:

Gukomeza kwibuka amateka y’ibihe byatambutse ni intsinzi ikomeye kuri buri wese. Iyo twibutse amateka y’ibihe bibi byaranzwe hagati y’ibi bihugu bidutera agahinda ariko twavuga yuko aya ari amateka y’akahise. Bityo ubumwe bw’Abanyaburayi ndetse na leta ya Congo twishize hamwe kugira ngo twibuke iyi ntwari kuko yakoze ibikomeye. – Jérôme Duval – 

Umuyobozi w’umuji wa Bruxelles, Philippe Close, yabwiye imbaga y’abantu bari bitabiriye uyu muhango wo kwibuka ko byukuri Lumumba yari intwari mu guharanira amahoro. Yanavuze yuko uyu munara wubatswe ariwo ugiye kuba uwa mbere mu muji aho abagenzi basuye igihugu bazoza basura mbere kuko wubatse neza kandiuteye amatsiko. Tubibutse yuko uyu munara hasize iminsi itari mike wubatswe ariko ukaba washizwe ahagaragara uyu munsi kubwo kwizihiza intsinza ya Patrice Lumumba.

Patrice Lumumba, intwari mu guharanira amahoro muri Congo…

Patrice Lumumba yari ministre w’igihugu wari ushinzwe urubyiruko nyuma aza gusaba kwikukira kuva mu bukoloni mu mwaka w’1960. Lumumba yaje kumenyekana cane nyuma yo kugirana ubusabane n’ibihugu bitandukanye birimo Cuba yari iyobowe na Fidele Castro ari nabwo yaje kugirirwa ishari n’ishami ry’ubutasi bwa Amerika CIA ndetse aza kwicwa. Biravugwa yuko Lumumba yashakaga ko Afrika yose iva mu bu koloni ari nabwo yanje kwihuza na Ernesto Cheguevara wakundaga guharanira amahoro hose ku isi. Lumumba yaje kugambanirwa n’ibihugu bitandukanye kuko babonaga yazanye imbaraga ninshi kandi we ngo ntiyapfukamiraga umuzungu cangwe undi wese udafite guhinduka. Nyuma yaho yajye kugambanirwa na CIA, MI6 (ibiro by’ubutasi by’Ubwongereza) ndetse na n’Igihugu c’Ububirigi ari nabwo yajye kwicwa ku minsi 17/ 01/ 1961.

Lumumba yishwe afite imyaka 35 y’amavuka ari nabwo yajye kwitwa “Umubyeyi waharaniye ubwigenge” kubwo gukunda ndetse no kwitangira amahoro. Lumumba yari umunyeshaka ryinshi kandi yakundaga umuntu wese wifuza impinduka.

 

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here