Home Blog Page 609

Azarias Ruberwa Manywa niwe wayoboye amasengesho yo gusengera igihugu.

0
Azarias Ruberwa Manywa, wayoboye aya masengesho.

KINSHASA, CONGO – Niposho ku minsi 11/11/2017  mumuji wa Kinshasa bamwe mubayobozi bakomeye barimo Azarias Ruberwa Manywa, wigeze kuba icegera c’umukuru w’igihugu, b’itabiriye amasengesho yo gusengera amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe imwaka utaha wa 2018.

Aya masengesho yabaye kuncuro ya 13, i Kinshasa, kuri Pullman Grand Hotel, yahujije abayobozi bakomeye batandukanye barimo aba ministres n’aba deputes ndetse biravugwa yuko hari harimo bamwe mubandi bayobozi b’ibihugu bya Afrika n’ibindi by’iburaya na Amerika.

Azarias Ruberwa Manywa, wayoboye aya masengesho.

Iki gitaramo c’amasengesho categuwe na Minister wa Decentralization, Azarias Ruberwa Manywa. Yaboneye ko gutumira abandi bayobozi bagenzi be kugira ngo bashobore gusaba Umwami Yesu Kristo kuzayobora amatora yimirije kandi kugira ngo amahoro aboneke mugihugu.

Mw’isengesho rye yasabye Imana guha abanyekogo urukundo, amahoro n’umutekano ndetse no kwita kubabanyi babo. Yakomeje ashimira abantu batari bake bitabiriye iki gitaramo c’amasengesho.

Ingabo za FARDC zaguye muri ambush, hapfa mo babiri…

0

FIZI, CONGO – Niposho ku minsi 11/11/2017 abasirikare FARDC (leta ya Congo) baguye muri ambush isaha zine z’ijoro muri zone ya Fizi, babiri bahasiga ubuzima.

Biravugwa yuko iyi ambush yabereye ahitwa Matongo winjira uja mumuji wa Baraka. Aba basirikare bapfuye nabo muri regiment ya 3301 ikorera i Baraka. Nubwo uyu mutego wari wateguwe na Mai Mai ariko biravugwa yuko hari n’ingabo za Mai Mai zakomerekeye muri uyu mutego

Umuvugizi mukuru wa gisirikare muri region ya Kivu y’amaj’epfo, Captain Dieudonné Kasereka, yasohoye urwandiko ruvuga kuri iyi ambush. Yavuze kuko hagiye gukorwa iperereza kugira ngo bamenye neza impamvu yoba yaratumye izi ngabo za Mai Mai zitega iyi ambush.

Tubibutse yuko umutekano muke ukomeje kurangwa muntara ya Fizi, nyuma yaho umwe mungabo za Mai Mai yiyise general William Yakutumba.  Si muntara ya Fizi honyine hakomeje kurangwa umutekano muke, ahubwo intara ya Kilembwe ibarizwa muri secteri ya Lulenge naho hakomeje kurangwa umutekano muke cane.

Abashinzwe umutekano bakomeje gukangurira abaturage kugira kuba maso. Ubu biravugwa yuko abaturage bo muri secteri Kilembwe bagize iminsi barara mugihuru kubwo kubura umutekano.

Grenade yahitanye bane hakomereka 20 mu giteramo c’umuziki i Bangui…

0

BANGUI, AFRIKA – Ku minsi 12/11/2017 haravugwa amakuru y’igisasu caturikiye mumuji wa Bangui mugihugu ca Afrika (Afrique Centrale). Abashinzwe umutekano muri Bangui bavuze ko abantu bane aribo bapfuye ubwo abantu biturikije igisasu mugitaramo c’umuziki (Concert Musical) cahabereye abandi bagera kuri 20 nabo barakomereka.

Umuririmbyi Ozaguin, wateguye iki giterane…

Ako karere katurikiye mo iki gisasu kazwi ho kubamo abagizi ba nabi kuva mbere hose kuko hagiye harangwa mo ibitero byinshi bitandukanye mu myaka ishize.

Iki gitaramo cari categuwe n’umuririmbyi ukomeye wo muri Bangui, witwa Ozaguin, ukunzwe n’abantu benshi muri ico gihugu.

Muri iyi minsi iki gihugu ca Republika ya Centre Afrique haravugwa mo umutekano muke cane, kandi kenshi ubwicanyi bukunze kuvugwa ahanini n’imihari yitwaje imbunda hagati y’Abakristu n’Abaislamu.

Umuririmbyi, Ozaguin, yavuze ko mu bacuraranzi batandatu aribo bakomerekeye muri ico gitero.

Gari ya moshi yafashwe n’inkongi y’umuriro, hapfa abantu 34…

0

KINSHASA, CONGO – Niyinga ku minsi 12/11/2017 gari ya moshi (Train) yakoze impanuka hapfa abantu bagera kuri 34 abandi 26 barakomereka muri province ya Lualaba.

Iyi mpanuka yabaye mugihe iyi gari ya moshi yari igeze ahitwa Byfwe, ni hagati y’umuji wa Lubumbashi province ya Lualaba, ni 2,000km n’umuji wa Kinshasa umurwa mukuru wa Congo. Iyi gari ya moshi yahise ifatwa n’inkongi y’umuriro kuko ngo yari yikoreye ibintu byoroshe gufatwa n’umuriro.

Biravugwa yuko muri iyi gari ya moshi yahiye hashobora kuba hari hari mo amakurutu menshi y’ibitoro, kuko ngo hari hari mo abacurunzi bacuruza ibitoro.

 Mw’itangazo rye yagejeje ku abanditsi n’abanyamakuru, guverneri wa province ya Lualaba, Richard Muyej Mangez yavuze ko abakomerekeye muri iyi gari ya moshi bahise bajanwa kubitaro i Lubudi, kilometres 30 (18 miles) hegeranye n’abahereye iyo mpanuka i Buyofwe.
Umuganga mukuru wa Lubudi yemeje ko bashoboye kwakira inkomeri zirenga 30 kandi bakomeje gukurikiranwa n’abaganga kugira ngo bashobore kuvurwa.

Rukema Kamenyero yitabye Imana mugitondo cakeye…

0

MINEMBWE, CONGO – Ku minsi 12/11/2017 amakuru atugeze ho mu mwanya aravuga k’urupfu rwa Rukema Kamenyero w’Abasama.

Umuryango w’Abasama ubabajwe no kubikira inshuti n’abavandimwe urupfu rwa Rukema Kamenyero witabye Imana uyumunsi tarikiniyinga ku minsi 12/11/2017 mubitaro bikuru byo mu Minembwe.

Rukema Kemenyero witabye Imana

Tubibutse ko mwiyinga rishize ariho Rukema yapfushije umwana we w’umukobwa mukuru witwa Lidia, yaguye i Kigali.

Imurenge.com, turihanganisha umuryango wa Rukema. Imana imuhe iruhuko ryiza.

Marcellin Cishambo arashinjwa gutiza umurindi Abbas Dada.

0

KINSHASA, CONGO –   kenshi muri Africa amazina abantu bitwa akunze kuba asa n’abo, abanyecongo nabo nuko, abo mu bwoko bw’Abashi bazi ico izina Cishambo risobanura.

Nk’uko tubikesha ikiganiro canyuze ku munsi wejo kuri radio ya ONU ikorera muri Congo, ikiganiro catanzwe na Pascal Nyembo, umuhuza bikorwa wa komisiyo y’igihugu ishinzwe magendu yamabuye y’agaciro, yasobanuye impamvu nyamukuru muri Kivu yamajepfo habayeho ubujura mu budandaza bw’amabuye yagaciro.

Uyu muyobozi yavuzeko ubusanzwe Colonel Abbas Kayonga (Dada) atigeze amwimika kuri uriya mwanya muriyi ntara yariyobowe na Marcellin Cishambo, yavuzeko ahubwo Abbas yinjijwe muri iyi serivise kibandi abiheshejwe na Cishambo kandi avukao atakoreraga inyungu z’igihugu ahubwo ko yakoreraga inyungu za Marcelin Cishambo wariwamuhaye uyu mwanya.

Ubuyobozi bwa Abbas Dada bwashigikiraga ubujura mu bucuruzi bw’amabuye yagaciro kuruta kuburwanya. – Pascal Nyembo – .

Ubusanzwe forode(Fraude)  yavuzwe ku muyobozi ifatwa nk’icaha(Crime) gikomeye ku  bukungu.

Pascal Nyembo yakomeje atunga agatoki uwahoze ari guverineri wa kivu yamajepfo Marcellin Cishambo kuba yaratanze ikibuga gikorerwamo ibyaha bihekura igihugu.

Yakomeje kandi yibaza niba koko abahamwa n’ibyaha nk’ibi bahanwa anatunga agatoki ubutegetsi bwa kabila ko bw’ubikira abantu babo bakoze ibyaha nk’ibi.

Pascal Nyembo kandi yatunze agatoki sosiyete yitwa AGR y’Ababiligi kuba itera inkunga imitwe yinyeshamba ziteza umutekano mukeya mu gihugu, iyi sosiyete ikaba ifite uruganda rutunganya amabuye yagaciro   mu gihugu ca Uganda .

Avugako iyi sosiyete icukura amabuye yagaciro  mu duce tuyobowe n’inyeshamba ziteza umutekano mukeya mu gihugu mu rwego rwo kuzishigikira, kubera iyo mpamvu hakkaba harigutegurwa inyandiko ikubiyemo ibirego barega AGR mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha(CPI) rukorera i Lahaye mu buholandi.

 

 

Abasore bo muri Arizona bakomeje kubaka amateka mu gukina akabumbu k’amaguru…

0

PHOENIX, ARIZONA – Maricopa Melunge Football Club ni ikipe y’abasore b’Abanyamurenge batuye muntara ya Arizona k’umugabane wa Amerika. Abasore bagize iyi ikipe ni bamwe mubagiye barokoka intambara ahatandukanye muri Congo.

Maricopa ni ikipe ifite inzozi nyinshi cane, zo gufasha urubyiruko gukomeza kwiga amasomo no gukomeza kuyoboka umuco mwiza muri kino gihugu ca Amerika, dore ko abasore benshi bakomeje kuja munzira zitandukanye; ninshi zirimo kumwa ibiyobya bwenge, inzoga ndetse hari n’abandi bakomeje gufungwa. Maricopa ikaba ifite intego yo kwigisha urubyiruko gukomeza umuco no kwiga amasomo.

Maricopa Mulenge FC (MMFC)

Bamwe mu abakinyi ba Maricopa batanga urugero rwiza kubandi basore, aho usanga bose bishira hamwe kugira ngo bakomeze kuyoboka umuco.

Tubibutse ko umukino w’akabumbu k’amaguru ari umwe mumikino ikomeye kw’isi hose. Aba basore rero usanga hashigikiwe n’abantu benshi batandukanye bo mungeri zose mumuji wa Arizona, aho usanga abahatuye bakomeza kubatera inkunga haba mumagambo ndetse no mubikorwa.

 

Imiryango myinshi usanga ifite ibibazo byo kubura amafaranga ndetse no kutamenyera imico ya kino gihugu ariko usanga akenshi ikipe ya Maricopa, twegera abataramenyera kugira ngo turushirize hamwe kubafasha. Gahunda yacu nukugira ngo twiteze imbere mumasomo, turebe ko bamwe muri twe bashobora kwemerwa n’ibigo by’amasomo maze tukabona scholarship tukiga –  Billy Gipanga, umuyobozi wa Maricopa Melunge FC –

 

Ku munsi w’ejo niyinga ku minsi 12/11/2017 hariho umukino ukomeye w’amateka uzahuza abasaza n’abasore bato bo muri Phoenix. Uyu mukino uzaba ubaye uwambere uhuje abasore n’abasaza. Abasaza barahiye bavuga ko abasore batazabakira, k’urundi ruhande abasore nabo bati tuzakizwa n’ifirimbi yanyu.

Maricopa Mulenge FC (MMFC)

Mwese abatuye Phoenix ndetse no hafi yaho muratumiwe gushigikira uyu mukino uzabera kuri Sahuaro Ranch Park, isaha icumi na zibiri za nimugoroba (6:00pm) – Billy Gipanga –

Tubibutse ko intengo nyamukuru y’iyi ikipe ari gufasha urubyiruko kubona ama scholarships (ikaratasi zibemerera kwiga kaminuza batishura), guteza impano zabo imbere no kubafasha kugera kurwego mpuzamahanga. Uyu mukino w’ejo niyinga ukaba uzafasha abasaza kumva intego z’iyi ikipe ndetse no kumenya ibyo abana babo bakora.

Yarashwe n’umukunzi we bamaranye imyaka 5 ahita arangiza ubuzima…

0
Nomathemba Ngeleka warashwe n’umukunzi we.

KINSHASA, CONGO – Ku minsi 11/11/2017 Leta ya Afrika y’epfo yatangaje urupfu rw’umwe mubasirikare babo barinda umutekano muri Congo, Nomathemba Ngeleka.

Amakuru atugeze ho aravuga yuko Nomathemba Ngeleka, w’imyaka 27 y’amavuka ukomoka muri Afrika y’epfo yarashwe n’umukunzi we ubwo bari mw’ikambi ya gisirikare aho bari basanzwe bakorera. Uyu mukunzi wa Ngeleka bari bamaranya imyaka 5 bakundanye.

Umuvugizi wa SANDF(The South African National Defence Force), General Mafi Mgobozi yavuze yuko uyu musirikare warashwe ndetse agahita yitaba Imana umubiri we uzajanwa iwabo muri Afrika y’epfo kwa Zulu-Natal.

Ngeleka, yinjiye igisirikare, muri infantry batayo ya 5, mumwaka wa 2011, muri Afrika y’epfo  ahitwa Ladysmith.

Nyuma yo kurasa umukunzi we, uyu muhungu yagerageje kwirasa kugira ngo nawe apfe ariko ntibyashoboka kuko yirashe arakomereka, bahise bamwaka imbunde ye. Ubu akaba ari mubitaro aho ari gukurikiranwa n’abaganga.

Abagore bize karateka kubwo kwirinda gufatwa kungufu…

0

KINSHASA, CONGO – Ku minsi 11/11/2017 biravugwa yuko abagore batari bake batangiye gukora imyitozo ya karateka kubwo kwirinda gufatwa kungufu.

Republika Iharanira Demokrasi ya Congo iri mubihugu bivugwa kutubahiriza ikiremwa muntu kuko ngo abagore benshi bagiye bafatwa kungufu.

Mu kuru dukesha ikinyamakuru Al Jazeera, biravugwa yuko umubare munini w’abagiye bakora aya mahano ari imitwe yitwaje imbunda. Haba mubihe by’intambara cangwe se zidahari, iki caha co gufata abagore kungufu kigenda kigaragara muturere dutandukanye muri Congo.

Mumuji wa Bukavu haravugwa amasomo yatangiye kwigisha abagore imicezo ya Karateka kugira ngo bazaje birindira umutekano mugihe bagiye gufatwa kungufu. Biravugwa yuko abagore benshi biyandikishije kuri aya masomo kugira ngo bahashe iyi ngeso yo gufata kungufu.

Reba Video:

Abasirikare 3 baguye mu bushamirane hagati ya Abbas n’ingabo za leta bazashingurwa nakazirimwe i Bukavu.

0
Ifoto – Google.

BUKAVU, CONGO – Imibiri y’abasoda batatu baguye mu mirwano yabaye niyinga hagati y’ingabo za leta na Abass Kayonga Dada izashingurwa kuri aka kazirimwe ku minsi 13/11/2017.

Aya makuru yemejwe na komanda wa regio ya 33 ya gisirikare, Colonel Ngoy Sendwe ubwo habaga imicezo ya gisirikare (Parade) uyu munsi. Yabwiye ingabo za leta ko imibiri y’aba basirikare izerekanwa bwa nyuma mw’imbi nkuru ya gisirikare, camp Saîo ndetse ikanasezerwaho mu cyubahiro.

Colonel Ngoy yavuzeko ubushamirane hagati y’ingabo zarizishinzwe kurinda Abbas Dada ndetse n’ingabo za FARDC bwahitanye abasirikare 3 ndetse n’abaturage 3.