Umuhango wo kwibuka inzirakarengane zo mu Gatumba uzabera Dayton, Ohio (ITANGAZO)…

0
81

DAYTON, OHIO – Umuryango w’abacikacumu bo mu Gatumba, baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Gatumba Refugee Survivors Foundation, Inc (GRSF) uramenyesha abanyamuryango bawo bose batuye ku mugabane wa Amerika, inshuti ndetse na buri wese wifuza gufatanya nabo mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 14 ubwicanyi bwakorewe inzirakarengane zo mu Gatumba mu mwaka w’ 2004; ubwicanyi bwahitanye ubuzima bw’abantu basaga 166.

Uyu muhango ukaba uzabera mu muji wa Dayton, muntara ya OHIO, hafi y’inyubako ya Dayton Convention Center (22 E 5th St, Dayton, OH 45402) ku minsi 10/08/2018 kugeza ku minsi 12/08/2018.

Uyu muryango urasaba abanyamuryango bose ndetse na buri wese wakozwe ku mutima n’ubu bwicanyi bw’inzirakarengane kwitabira uyu muhango wo kwibuka ababo biciwe muri iyi kambi y’impunzi.

Muri uyu muhango wo kwibuka hazaba mo gusubira mu mateka kugira ngo abatazi ibyabereye muri iyi nkambi amenye uko izi nzirakarengane zishwe. Hazabaho gutanga ubuhamya ku barokotse ubwo bwicanyi ndetse hazabaho no kugaragaza uburyo abaguye muri iyi nkambi bishwe urubozo bazira uko baremwe.

Tubibutse ko hashize imyaka icumi n’ine (14 years) ubwicanyi bwakorewe impunzi z’Abanyekongo mu nkambi ya Gatumba bubaye. Ubuyobozi bw’abacikacumu bo mu Gatumba, Gatumba Refugee Survivors Foundation, Inc bwatanze ikirego ku miryango mpuzamahanga i La Haye (ICC) ariko na n’ubu abakoze ubu bwicanyi barimo ba Agathon Rwasa na Habimana bari mu Burundi baridegembya; ndetse banahawe imyanya mu buyobozi bw’igihugu.

KANDA HANO ubashe gusoma Urwandiko mu Kingereza rwanditswe n’ubuyobozi wa GRSF

Waba wifuza ibisobanuro bihagije? Andika cangwe wohereze ubutumwa bugufi kuri nimero

  • Esperance Nasezerano
  • +1 470-775-1075
  • Email ni Gatumbas@gmail.com
  • Desire Rusengo
    +1 470-775-1075 cangwa +1 434-284-3237
  • Email ni Gatumbas@gmail.com

 

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here