Home Blog Page 604

Umuhango wo gushingura Nyakwigendera Gadi Rurwanyintare

0
Rurwanyintare

Nkuko tubikesha n’umwe mubagize umuryango we, umubiri wa Nyakwigendera Gadi Rurwanyintare watabarutse ku minsi 27/09/2017 i Nairobi azize uburwayi; umurambo wa Nyakwigendera uzahaguruka i Nairobi niposho ugere i Kigali mu Rwanda mbere y’ amasaha atandatu aho umuryango we utuye.

Nanone aho i Kigali hazanza habe ho gusezera ho bwanyuma Nyakwigendera Gadi. Nyuma yaho k’umugoroba nibwo umubiri wa Nyakwigendera Gadi uzerekeza i Bukavu aho naho naho bafite kumusezera ho bwanyuma mu masaha ya mugitondo cya niyinga. Umubiri wa Nyakwigendera Gadi kandi uzagera i Bukavu ahazabera umuhango wo kumusezera ho kubatuye i Bukavu, hazaba ari ku isaha zitatu za mugitondo (9am in the morning).

Nyuma yo kumusezera ho, Umubiri wa Nyakwigendera kandi uzerekeza kukibuga cy’indege aho uzerekeza mu Minembwe aho bafite kumushingura niyinga mu masaha arindwi (1pm in the afternoon). Gukura ikiriyo bikazaba nakazirimwe mu Minembwe.

Mugihe tukibategurira inkuru ya Nyakwigendera wakoze imirimo ikomeye kugeza atabarutse, turakomeza tubagezeho gahunda zose z’ikiliyo.

– Ubuyobozi bwa Imurenge.com twongeye kwihanganisha umuryango wa Nyakwigendera Gadi. Imana imuhe irihuko ryiza. Dukomeje kandi kwihanganisha umugore n’abana basizwe na Nyakwigendera Gadi. –

Yatangaje ko atakicitoje mumatora y’umukuru w’igihugu…

0

NAIROBI, KENYA – Mugihe Abanyakenya bose ndetse n’Abanyamahanga bari biteguye gusubira mo amatora y’umukuru w’igihugu kuncyuro ya kabiri, Raila Odinga wari uhanganye na mugenzi we Uhuru Kenyata uri kubutegetsi; bwana Raila Odinga yatangaje kumugaragaro ko atakicyitoje muri ayo matora. Nubwo hataramenyekana neza impamvu nyamukuru yatumye Raila Odinga abishinguka mo, ariko biragaragara neza ko byatejye urujijo hagati y’aya matsinda yombi.

Tubibutse kandi ko ku minsi umunani mukwezi kwa 8 k’uyumwaka 08/08/ 2017) aribwo habaye ho amatora y’umukuru w’igihugu kuncyuro ya mbere akaba ari babwo Perezida Uhuru Kenyata yegukanye intsinzi ye akongera kuguma mumwanya we yarasanganywe w’umukuru w’igihugu. Nyuma y’ayo matora nibwo Raila Odinga yahise avuga ko mugenzi we Uhuru kenyata yamurenganyije anregura ko hatakoresheje ukuri mw’itangaza ry’aya matora.

Twongere tubibutse yuko aya matora yari ateganyijwe ku minsi 26 y’uku kwezi kwa 10, turimo.

Nyuma yo kumva ayo makuru, Perezida Uhuru Kenyata yirinze kugira icyo abitangaza ho, ariko biragaragara ko hari ikibyihishe inyuma. Reka dutegereze turebe ikibyihishe inyuma.

REBA IFOTO MUNSI:

Uhuru Kenyatta(Iburyo) arikumwe na mugenzi we Raila Odinga(Ibumoso).

Abapfurero n’Abanyamurenge biteguye kugirana imishikirano.

0
John Sebineza, uhagarariye umushinga udaharanira inyungu (APRODEK)

BIJOMBO – Nyuma y‘intambara itoroshe yari imaze iminsi mukarere ka groupement ya Bijombo, ubu Abapfurero n’Abanya

murenge barifuza kugirana imishikirano kugirango habeho kwiyunga kw’aya moko yombi ahora ahanganye muri aka karere. Bimwe mubyavuzwe n’abanyamakuru ni uko iy’inama izaba ihuje Abapfurero, Abanyamurenge ndetse n’Ababembe.

Kugira ngo barebere hamwe yuko amahoro yokongera kugaruka mukarere k’imisozi miremire ndeste cane cane muntara ya Kivu y’amajepfo. Ubwo twaganira ga n’umwe mubayobozi, John Sebineza, uhagarariye umushinga udaharanira inyungu (APRODEK), akaba anakorera mukarere ka Bijombo, yagize ati:

Inama yambere yabereye mu Masango kuminsi 16 z’ukwezi kwicenda 2017.

–  John avuga –

Agikomeje kuganira na Imurenge.com, John SEBINEZA yongeye agira ati:

Tumaze iminsi tuganiriza impande zose zari zihanganye muri kano karere. Ikigarara kandi kinashimishije cane ni uko impende zose ziteguye kwicara hamwe zikaganira. Ubu turashaka uburyo twobona ubushobozi kugira ngo dutegure uko iyi mishikirano yozogenda neza.

Twibutse ko mukwezi kwa gatanu uyu mwaka aribwo intambara yadutse hagati y’Abapfurero, Ababembe aho ziyobowe na General Yakutumba aho bakomeje guhangana n’Abanyamurenge. Ubu amazu menshi yaratwitswe, imihana myinshi ikaba yarasambutse.

 

www.ggogle.com
Inyeshamba za Mai Mai

 

Aya makimbirane akomeje kurangwa hagati y’Abapfurero, Ababembe n’Abanyamurenge hari abemezako yaba ashingiye ku kuyobora cangwe se amatwara y’ama gurupema (groupement).

Tubibutse kandi ko groupement ya Bijombo yashinzwe ku minsi 23/08/1979. Iyi groupement ahanini yagiye iba intandaro yo kutumvikana hagati y’Abanyamurenge n’Abapfurero.

World Relief muri gahunda yo gufasha abaturage bo mu Minembwe n’amakanisa.

0

MINEMBWE – Ishirahamwe rya gikirisitu, Word Relief rifite icicaro gikuru muri Amerika, rikaba rikorera no muri Repuburika iharanira demokarasi ya congo/Goma, ry’ifuza kuza gukorera  imishinga  ya ryo mu Minembwe.

Marcellin Serubungo, umuyobozi wa Word Relief I Goma ati” tuzafasha amakanisa mu bikorwa birimo uburinganire, ku rwanya gufata kungufu ndetse duteze imbere ubuhinzi  binyuze muri kaminuza nkuru ya UEMI iyoborwa na Dr Lazare Sebitereko”.

Mukiganiro n’abayobozi b’amakanisa akorera Muminembwe, Dr Lazare yabasabye ko haba ubumwe bw’amatorero kugirango bizaborohere kubakorera.

Iyi kaminuza ya UEMI  ikaba ifite imigambi myiza muri aka karere  ka Minembwe harimo gukangurira abantu  kw’ikura mubukene binyuze mukwikorera, kwirinda SIDA,ubworozi bw’isamaki, uburinganire ndetse n’uburezi muri rusange.

Dr Lazare Sebitereko akaba akomeje gukangurira abanyamahanga gukunda Minembwe,biteganijweko Marcellin Serubungo n’abandi  bashitsi bavuye mubihugu bitandukanye bazasura Minembwe muri uku  kwezi kwakane, ukwa Gatanu aho ateganya kuzana na  Dr Kaniki Freddy

 

Abagizi ba nabi bongeye gutega imodoka y’abagenzi bari bagiye mu Minembwe

0

MINEMBWE — Abagizi ba nabi bongeye gutega imodoka y’abagenzi yari igiye mu Minembwe. Iyi modoka ikaba yategewe mu misozi ya Mitumba urenze ahitwa Abala, ahari ikiraro cubatswe n’umushinga wa Acted. Ibi byabaye ejo Nakabiri ku minsi 5.

Abakozi b’umushinga w’Abataliyani witwa AVIS ukorera mu Minembwe nibo batezwe n’abagizi ba nabi batanu bari bitwajije imbunda. Umushoferi w’iyi modoka avuga ko abo bagizi ba nabi bari bambaye amahuzu y’igisoda c’ingabo za Congo (FARDC). Aba bagenzi bari bavuye i Buvira mu modoka yabo yo mu bwoko bwa Land Cruiser.

Abagenzi banyazwe ifaranga, amashakoshi, n’ibindi bintu bitandukanye bari bafite mu modoka.

Uyu munsi w’agatatu ku minsi 6, ubuyobozi bw’ingabo zikorera hano mu Minembwe bwohereje abasirikare kuja gukora iperereza ryimbitse no kugira ngo barebe niba abo bagizi ba nabi bofatwa.

Bamwe mu baturage baganiriye na Imurenge.com bavuga ko byaba byiza muri iyo nzira hashizwe ikigo ca gisirikare cangwa abasirikare bakazaza baherekeza abagenzi muri iyo nzira bakabageza i Fizi.

Umushinga wa AVIS ufasha abaturage bo mu Minembwe mu bikorwa bijanye no kubaka ibitaro, amasomo, ndetse no gusana ibarabara.

Ibi bibaye mu gihe mu Minembwe haherutse kubera inama y’umutekano Niyinga ku minsi 3.

Abarwanyi ba fdlr 2 bagize uruhare mu kunyaga muri mukoko no mu mikenke boherejwe i buvira muri dddrr monusco

0
Imbunda yarashe

MINEMBWE – Mariko Mugabo na Felly, abarwanyi ba FDLR bagize uruhare  mukunyaga Entreprise Iterambere yohereza ndetse ikakira amafaranga, boherejwe i Buvira muri DDDRR Monusco.

Abo barwanyi ba FDLR  hamwe n’abagenzi babo 18  bakaba baranyagiye umukozi wa Entreprise iterambere muri Nyarubi ifaranga zirenga 3000$ ndetse banyagira abacurizi muri mukoko bari bavuye mu Minembwe berekeza i Buvira.

Mbere yuko boherezwa i Buvira ku mugoroba wo kuri rino  posho kuminsi 21/02/2016, Mugabo Mariko, umurwanyi wa FDLR akaba yabwiye itangaza makuru ko bavuye mu Rubumba ari 14 bageze mu Gipupu bahanzanga  Mai Mai 6 zagiye zibereka inzira.

Uyu mu rwanyi wa FDLR akaba yemera ko bagenzi be, barimo Felly wari umukozi wa Monusco aribo banyanze ibihumbi 3000$ bya Entreprise Iterambere ndetse ba narasa ADJ Manzongo Jean Claude, umusirikare wa FRDC.

Mariko Mugabo akomeza avuga ko bagiye bagabana izofaranga aho umwe yatwaraga ibihumbi 13000fc ariko isakoshi yarimo  ifaranga ibihumbi 3000$ itwabwa na Felly wari umurinzi wa Major Usengamana.

Munama Monusco yariyagiranye n’ubuyobozi bwo mu Minembwe  kane k’iyinga rishize ku minsi 18/2/2016 yari yavuze ko bazashikiriza izo FDLR  inzego z’ubutabera bwa Congon ndetse bagakora iperereza kuri zo faranga bavuga ko Felly afite, igitangaje nuko Monusco yaburije indege itavuze icavuye mw’iperereza yavuze ko iri gukora kuri zo faranga zanyazwe.

Abaganga bo mu Minembwe bakoze imyigaragambyo yo gupinga imikorere mibi y’umuyobozi.

0
Ibitaro bikuru bya MINEMBWE

Guhera kur’uyu wa gatatu tariki ya 28/10/2015, abaganga bagera kuri 13 (cumi na batatu) bakorera  ibitaro bikuru byo mu Minembwe bari mu myigaragambyo yo  gupinga Dr Sabin Kababu, umuyo bozi mukuru w’ibitaro byo mu Minembwe.

Iyi myigaragambyo yatangiye kuri uyu wa gatutu  ikaba yatangiye gutera ingaruka zikomye kuribyo bitero aho abarwayi bari kwakirwa n’umuganga umwe ndetse n’abadogiteri babiri, ibi bigatu ubuvuzi (service) abarwayi bahabwa zitihuta bitewe n’ubuke bw’abaganga

Aba baganga bigaragambije  kwari cumi na batatu  bakaba bandikiye umuyobozi ushinzwe ubuzima mu ntara ya Kivu y’amajyepfo  bamusaba ko yahindurera Dr Sabin Kababu  imirimo bitewe n’imikorere  bavuga ko itarimyiza afite kubaganga n’abarwayi .

Olivier Muragize, umwe mubaganga bari mu myigaragamyo arasobanura amakosa ya Dr Sabin muri aya magambo

Sabin aduteranya n’abarwayi kandi adutukira imbere y’abarwayi.

– Olivier Muragize-

Nyuma yibyo bibazo Imurenge.com tukaba twegereye Dr Sabin Kababu tumubaza ko hari ico yobiuvuga ho, yatangaje ko ntakintu nakimwe abivuga ho bitewe nuko umuyobozi ushinzwe ubuzima muntara ya Kivu y’amajyepfo ataragira ico abivuga ho, usibye ko ngo iwe azi nuko hari abakozi bataye akazi kabo.

Umuyobozi  ushinzwe iby’ubuzima mukarere ka Minembwe Charles Ruvusha akaba yatangaje ko ico kibazo bakizi kandi bagiye kugihagurukira bitarenze kuri uyu wa gatanu tariki ya 30/10/2015

Nubwo  Dr Sabin Kababu  arerwa ibyo bibazo byose, Kuva mu mwaka wa 2014  iwe  na bagenzi be bakaba bamaze kubaga abarwayi bagera  150 kandi bose bakize kurubu ni bazima.

Dore Ibitaro bya Minembwe:

Ibitaro bya Minembwe

Nyuma yo gukira akabumbu Dr Kigabo n’abakinyi bose bishimiye uko umukino wagenze!

0
Dr Kigabo Mbazumutima

MINEMBWE – (Amafoto yavuguruwe!)- Mu karere ka Minembwe babuze aho bubakira  ikiwanja c’umupira wamaguru nyuma yaho Dr Kigabo Mbazumutima yemereye gufasha urubyiruko rwo mu Minembwe ku rwubakira Stade (Ikiwanja) ndetse  n’inzu y’urubyiruko.

Ubuyobozi bw’iposita nkuru ya Minembwe bwabuze ikiwanja butanga co kubaka mo bitewe nuko Minembwe yose isa naho yagiye igurwa n’abantu ku giti cabo. Paruwase  Gaturika ya Materdei ifite iki wanja ca Materdei nayo yanze gutanga aho bubaka ico kiwanja ngo keretse  reta yemere ko ico kiwanja kiba ic’ikipe ya Materdei isanzwe ikinira gaturika.

Ibi bikaba byatangajwe n’umuyobozi wa gaturika mu Minembwe Mugaza Theodore ubwo ya ganiraga n’umuyobozi w’umupira wa maguru mu Minembwe  Ndabona Boniface kuri  kano kane ku minsi 08/10/2015. Umuyobozi wa siporo, Ndabona Boniface, hamwe n’ubuyobozi bwa Federation bakaba bakomeje gusaba Leta ya Congo ko yabaha aho bubaka iki kiwanja ndetse n’inzu y’urubyiruko Dr Kigabo Mbazumutima ashaka kubatera mo inkunga. Ikiwanja co K’uwigishigo niho urubyiruko rusigaranye amahirwe yo kubabakirwa  ico kiwanja bemerewe, nubwo bavuga ko naco hari abantu bo mu nzego zo hejuru bahaguze ku giti cabo.

Dr Kigabo Mbazumutima  hamwe n’abaturage bo muri Arizona bakaba bamaze kuba bamwe mubo urubyiruko rwa Minembwe rwiyumvamo bitewe nuko aribo baterankunga babo bambere. Muri uku  kwezi k’umunani Dr Kigabo akaba yarasigiye inkunga y’ibikoreshe by’umupira wa maguru ikipe ya Minembwe Fc (Jersey  na Godyo ) ndetse akaba afite n’umugambi wo kuzamura abana mu mikino itandukanye igorora ingingo irimo no kwiruka.

Dr Kigabo Mbazumutima

 

Yarashwe akurikiye umugore w’abandi.

0
Imbunda yarashe

MINEMBWE – Umugabo Kansimeli uri mukigero c’imyaka mirongo 40 y’amavuko, ukomoka mu bwoko b’Abashi yakomerekejwe bikomeye n’amasasu yarashwe n’umupolisi mw’ijoro ryo kuri rino yinga kuminsi 03/07/2016.

Uyu mugabo warashwe yari amaze guhindura umugore w’umupolisi  indaya ye. Nyuma yo kurasa Kansimeli uyu mupolisi akaba yahunze asiga anataye imbunda ye.

Ku mugoroba wo kuri uyu wambere nibwo  indege ya Monusco yaje gutwara uwo mugabo warashwe.

Amakimbirane yo kunyurana inyuma kwabashakanye mu Madegu hari mo abagore b’Abanyamurenge bashatswe mu bwoko bw’Abashi akaba  amaze gufata intera ikomeye.

Abanafunzi 443 ni bakoze ibizami bya leta mu minembweariko umwanafunzi umwe arafunzwe.

0
Abanafunzi Bakoze Ibizamini

MINEMBWE – Abanafunzi 443 ni bakoze ibizami bya Leta bisoza umwaka wa gatandatu  kuri centre yo  mu Minembwe iherereye kuri Ugeafi kuri kano kazirimwe ku minsi 20/06/2016.

Bikurikiranye n’umuyobozi wa centre ya Minembwe Inspecteur  Lwinga Mwamba  akaba yavuze ko ibizami bya leta byagenze neza dore ko byujuje imyaka 50 bitangiye gukorwa.

Nubwo inspecteur  avuga ko ibizame byagenze  neza hari  umwanafunzi   wo kuri institut Kitasha waje gukora ibizami bya Leta kuri centre yo mu Minembwe uri mu maboko ya polisi yo mu Minembwe azira icaha cokuba  yafatanywe ikimogi.

mu Mikenke  hakaba hari gukorera abanafuzi bagera kuri 321 ariko mirongo 20 bakaba batagaragaye mu bizame ndetse icatumye batabikora kikaba kitaramenyekana.