Home Blog Page 603

Intambara yongeye kwaduka mumuji wa Beni….

0
Abasirikare ba Leta ya Congo, aho barasana n’inyeshamba za ADF.

BENI, CONGO – Ku minsi 19/10/2017 uyu munsi hazindutse humvikana amasasu menshi mumuji wa Beni muri Kivu y’amajaruguru. Biravugwa kandi ko nubwo aya masasu yazindutse yumvikana, habaye ho gushamirana kw’ingabo za leta ya Congo aho zataniye mu mitwe n’inyeshamba z’umutwe wa ki Islamu zikomoka mu gihugu cya Uganda.

Haravugwa kandi ko nta muntu numwe wemerewe kunyura mu nzira igana Mbau cangwese ibarabara rya Kamango bitewe n’umutekano muke uhari. Uyoboye intara ya Beni, Bernard Amisi, Kalonda yatangarije abanyamakuru yuko imodoka ya General Mbangu yatwitswe n’inyeshamba za ADF (The Allied Democratic Forces).

Uhereye niyinga kugeza kuri none biravugwa yuko abantu barenga 26 aribo bamaze gusiga ubuzima muri iyo mirwano. Nubwo havugwa iyichwa ry’abaturage ba Beni, biravugwa kandi yuko muri iyi mirwano hamaze gupfa abasirikare babiri ba ONU ubwo bagerageza ga gukiza cangwe se kubuza inyeshamba kwangiriza no kwica abanyagihugu.

Kuva intambara zitangiye kuvugwa mumuji wa Beni, ubushakashatsi buremeza yuko abantu basaga magana arindwi (700 morts dans la région de Beni depuis octobre 2014.) kuva mu mwaka w’ibihumbi bibiri na cumi na kane.

Inyeshamba za ADF
Beni Kw’ikarita ya Congo.

 

Peter Bitakwira arasaba ko amashirahamwe yigenga (ONG) 157 yakurwa ho.

0
Ministre Peter Bitakwira

KINSHA, CONGO – Nyuma y’uko Congo Kinshasa ibonye amajwi 151 kuri 97 yasabwaga maze igatsindira icyicyaro mu kanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe uburenganzira bwa kiremwa muntu, Ministre Justin Bitakwira ushinzwe iterambere ry’abaturage mu byaro (Ministre du Développement Rural) akaba ahagarariye by’agateganyo ministre w’uburenganzira bwa kiremwa muntu.

Mukiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku munsi w’ejo nakabiri i Kinshasa, Nyakubahwa Ministre Bitakwira yasabyeko amashirahamwe yose (ONG) ko Congo yatorerwa kuri uwo mwanya yakurwaho kuko asanga ko ayo mashiramwe arwanya inyungu za Congo, yagize ati:

Umuntu kuberako hari abakwishuye amafaranga arahaguruka akava Ikinshasa akajya Newyork cangwe Igeneve gusa ngo ajye kwigaragambza ngo Congo idatorwa, none ko twatowe muzajyahe? – ministre Peter Bitakwira –

Ibi byabaye nyuma yuko igihugu cya Congo yatorewe kuba umunyamuryango w’akanama k’umuryango w’abibumbye hamwe gashinzwe uburenganzira bwa kiremwa muntu kuminsi 16 /10/ 2017 itorwa n’abanyamuryango 151 kuri 193.

Intego n’imiterere y’akanama k’uburenzira bwa muntu.

Aka kanama kashizweho n’inteko rusange ya ONU kuminsi 15/03/2006, kagizwe n’ibihugu 47 bitorerwa kuyobora imyaka 3. Inshingano ni ukurinda no guteza imbere uburenganzira bwa kiremwa muntu.

Ku minsi 12/10/2017, amashirahamwe y’igenga asaga 157 yo muri Congo yari yasabye abanyamuryango ba ONU kutemera ubusabe (La Candidature) bwa Congo, ati:

Gutora Congo n’ikimenyetso kibi ku igihugu kikiri kure mukuba caba intangarugero mukwubahiriza uburenganzira bwa muntu. – Amashirahamwe –

Philippe, umuvugizi wa Human Rights Watch yamaganye itorwa rya Congo muri kano kanama. ati: Birababaje kubona Congo yinjira mukanama.

Tegera Amajwi:

Peter, BITAKWIRA, Avuga

Peter, BITAKWIRA, Avuga

Leta zunze ubumwe z’amerika nazo zamaganye gutorwa kwa Congo, Nikki Haley uyihagarariye ONU yavuze ko gutora Congo bigaragaza uburyo aka kanama katakaje icyizere. Uhagarariye ubwongereza muri ONU, Matthew Rycroft nawe yavuze ko guhitamwo Congo ari ibintu bibabaje. Marie Ange Mushobekwa, ministre ushinzwe uburenganzira bwa kiremwa muntu we yavuzeko ibihugu byose bigize akanama atari intangarugero mu kwubahiriza uburenganzira bwa kiremwa muntu. Yagize ati:

Igihe amashirahamwe nka LUCHA akora, tukagira amashaka ya politike arenga 600, ama radio 300, ama televiziyo arenga 60 mu gihugu; ndatekereza ko bikwiriye ko tugira icyicyaro mu kanama ka ONU gashinzwe uburenganzira bwa kiremwa muntu.

Lambert Mendé umuvugizi wa Leta ya Congo we yavuze ko gutora Congo ari ikimenyetso cy’ubumwe, naho uhagaririye Leta zunze ubumwe z’Amerika yari akwiriye gusura Congo aho guhora yishingiriza ku abanyamakuru n’abaharanira uburenganzira bwa kiremwa muntu.

Ministre Peter Bitakwira.

Philip Rudatabukwa w’Abatwari yitabye Imana.

0
Philip akiri muzima

UVIRA – Ku minsi 17/10/2017, uyu munsi, mukanya gashize nibwo twakiriye inkuru yuko Philip Rudatabukwa w’Abatwari ko yitabye Imana azize indwara.

Philip azize indwara imutunguye bikekwako ari indwara y’umutima. Biravugwa kandi ko yagerageje kwivuriza Uvira, Bujumbura nyuma aja Kenya ariko ntibzakunda hanyuma yaho nibwo ibitaro byamusezereye asubira Uvura aho arangirije.

Imurenge turakomeza kubageza ho inkuru y’urupfu rwa Philip. Twongeye kandi kwihanganisha umuryango, abavandimwe, inshuti ndetse n’igihugu kibuze intwari.

Amaraso yongeye kandi kumeneka muri Somalia…

0
Nyuma yo kubura abavandimwe

SOMALIA – Muri kino gitondo ku minsi 17/10/2017 mugihugu ca Somalia haravugwa yuko abihebyi bo m’umuhari wa Al-Qaeda bongeye kumena amaraso. Muri kino gitero cagabwe na Al-Qaeda, biravugwa kandi yuko abantu basaga 281 aribo bahasize ubuzima.

Ministre wa Somalia yagize icyo avuga kubijanye n’ubu bwicanyi. Yagize ati:

Ibyukuri tubabajwe n’amaraso y’inzira karengane yongeye kumeneka muri kino gihugu. Abashinzwe inzego z’umutekano tugiye guhasha Abakoze aya mahano. Ibyukuri iki gitero kirasa ni icyari kigamije kumena amaraso menshi cane ariko tugiye guhiga bukware abakoze aya mahano kandi bazabihanirwa.  Abwira abanyamakuru ba BBC, Ministre Abdirahman Osman – 

Muri kino gitero kandi biravugwa yuko bandi bantu basaga 300 aribo bakomeretse. Iki gitero kibaye kimwe mu bitero bikomeye byagiye biba mugihugu byahitanya abantu benshi mumyaka 10 ishize.

Kugeza ubu indege zibiri nizo zabashije gutabara, aho zajanye imiti y’ubuvuzi. Aha twavuga indege imwe yavuye muri Amerika ndetse n’indi yavuye i Qatar; ubu nizo zimaze kwitura aho mugihugu cya Somalia. Turkey na Djibouti nabyo ntibakereje mugutabara. muri kino gitondo ibi bihugu byombi byohereje abaforoma (Abaganga) kuja kuvura abakomeretse.

 

 

Maryam Abdullahi
Maryam Abdullahi

Maryam Abdullahi ni umwe mubaganga babashije gutabara igihugu cya Somalia kandi ari muri bamwe babashije gutanga amaraso ku abari bakomeretse cane aho bari bakeneye amaraso.

Kenya nayo iri mu ibihugu byabashije kuja gutanga amaraso mu uburyo bwo gutabara izi nkomeri.

Abanya Somalia aho batanga ga amaraso yo gufasha ababo.

 

map
Reba aho ibitero byabereye.

Imurenge.com dukomeje kwihanganisha igihugu cya Somalia ndetse n’abagituye. Imana ihe iruhuko ryiza inzirakarengane za Somalia.

Umuhango wo gushingura Rurwanyintare uko wagenze…

0
Basezera bwa nyuma

MINEMBWE – Ku munsi wa none niyinga ku minsi 15/10/2017, ibihumbi by’abantu batuye hirya no hino mukarere k’imisozi miremire barimo inshuti n’abavandimwe bitabiriye umuhango wo guherekeza no gushingura intwali yacyu Gadi Rurwanyintare witabye.

Nyakwigendera Gadi yitabye Imana ku myaka 53 y’amavuko. Umubiri wa Gadi ukaba washinguwe i Lundu ho muri Secteur y’Itombwe.

Bamwe mu bashefu bo mu Minembwe bagize icyo batangaza kuri uyu munsi wo guherekeza Gadi.

Reba amashusho munsi:

 

 

 

 

Abatuye umuhana wa Bukavu basezeye Bwanyuma umubiri wa Rurwanyintare Gadi.

0
Basezera Umurambo

BUKAVU – Abatuye umuhana wa Bukavu basezeye bwa nyuma ku mubiri wa Rurwanyintare Gadi. Uyu muhango wabereye mw’ikanisa rya Methodiste i Muhumba.

Kubera impanuka y’imodoka yaritwaye umurambo yabereye mu Rwanda byatumye uyu muhango utwara akanya gatoya cane kugira ngo uze gukomereza mu Minembwe aho agomba gushingurwa. Usibye gusoma umwirondoro wa nyakwigendera, abantu benshi baribitabiriye uyu muhango nta yindi gahunda yahabaye.

Rurwanyintare y’itangiye igihugu ndetse cane ubwoko. Ntabwo yari akwiriye gupfa urupfu yapfuye. Rurwanyintare yaraye rwantambi. yaranzwe, ararwanywa ariko byose yazize ubwoko n’ishaka yarafitiye igihugu. Uyu munsi Abanyamurenge, umworozi wese ndetse n’andi moko yose. Aha twavuga: Ababembe, Abapfurero babaye impubyi ariko Imana ishimweko ariyo idufite. – avuga Muhamiriza Nyantore –

Mw‘isengesho rigufi rya minisitiri Ruhimbika Muller yashimye Imana agira at:

Mana niwowe utwara intwari kandi ni wowe utanga izindi.

Nyakwigendera Rurwanyintare wabaye commissaire assistant wa zone ya FIZI atabarutse yari umuyobozi wabungeri mu ntara ya Sud Kivu. – Muller-

REBA AMAFOTO

Kw’ikanisa
Ikanisa
Ikanisa
Bukavu
Bukavu
Kamembe
Kamembe

Gahunda yo guherekeza no gushyingura Rurwanyintare Gadi.

0
Baherekeza Gadi

MINEMBWE – M’umwanya muto ushize niho twashoboye kwakira gahunda yo guherekeza no gushingura Nyakwigendera Rurwanyintare Gadi.

Umuryango wa Nyakwigendera wabanjije kubashimira mwese k’urukundo mwagaragarije umuryango we kuva aho mwakiriye inkuru yuko Gadi yitabye Imana, binyuze mu butumwa bw’ihumure, inkunga no kubaba hafi muri ibi gihe by’akababaro.

Dore uko gahunda imeze:

Itsinda ryashyizweho na komite y’i Nairobi niya Kigali ryifuje kubagezaho mu gahunda ikurikira.

Gahunda ya Niposho (None) ku minsi 14/10/2017

10:00: Amasaha yo gusezera umurambo i Nairobi, Kenya

15:00: Amasaha yo guhaguruka i Nairobi (Amasaha y’i Nairobi) kugera Kigali 15:30 (Kigali time).

16:30: Amasaha yo gusohoka mu kibuga Kanombe.

17:00-21:00: Imihango yo gusezeraho nyakwigendera i Kigali murusengero rwa NAZARENI Kicukiro

22:00: Amasaha yo guhaguruka Kigali twerekeza Bukavu

Gahunda ya Niyinga (Ejo) ku minsi 15/10/2017

8:00-9:00: Amasaha yo gusezera umurambo i Bukavu mu gitondo.

9h30: Amasaha yo kugera ku kibuga cya Kavumu Bukavu

11:00: Amasaha yo guhaguruka kukibuga cy’indege cy’i Kavumu i Bukavu

11:45: Amasaha yo kugera mu Minembwe.

13:30: Amasaha yo gutangira imihango yo gushyingura.

Imurenge.com, Dukomeje kwihanganisha umuryango wasizwe kandi tunihanganisha n’ubwoko bwabuze intari yacyu. Imana imuhe iruhuko ryiza.

Abantu 4 nibo bahasize ubuzima 2 barakomereka mumpanuka y’indege

0
Indege yakoze impanuka – foto Google –

COTE d’IVOIRE – Muri kino gitondo ku minsi 14/10/2017 mugihugu ca Cote d’Ivoire biravugwa yuko habyutse impanuka y’indege yo mubwoko bwa Antonov AN-26-100, yaguye munyanja ahegereye ikibuka cy’indege cya Turboprop. Iyo ndege ikaba yari itwaye abantu 10, ariko haravugwa yuko abahasize ubuzima ari abantu 4 abandi babiri nabo barakomereka.

Haravugwa kandi yuko muri iyo ndege harimo abasirikare 4 b’Abafaransa ndetse bari no mu bakomeretse. Nubwo bitaramenyekana neza impamvu yatse iyompanuka, ariko abahanga mubushakashatsi baravuga yuko iyo mpanuka yoba yatewe n’imvura ninshi ndetse yarimo n’umuyaga yoba yarushije indege imbaraga bigatuma iyo mpanuka iba.

Umuvugizi w’ingabo z”abafaransa muri cote d’Ivoire aravuga yuko iyo ndege yaritwaye ibikoresho bya gisirikare. Imibiri y’abitabye Imana ndetse n’abakomeretse bajanwe munkami ya gisirikare Port-Bouet ituye mu murwa mukuru w’i Abidjan.

Iyi ndege yakorewe m’Uburusiya kandi yari mubwoko bwa Antonov, ntakindi cyateye impanuka ukuye umuyaga mwinshi ndetse n’imvura byazindutse muri kino gitondo. Turihanganisha imiryango ndetse n’igihugu cabuze intwari. – Avuga umwe mubayobozi ba Police i Abidjan –

Reba Amafoto y’indege yakoze impanuka:

Indege yakoze impanuka – foto Google –
Nyuma y’impanuka – foto Google –
Ikarita yerekana aho impanuka yabereye – foto Google –

Guverineri musha wa Kivu y’amajepfo yimitswe.

0
Guverineri Musha

BUKAVU – Claude Nyamugabo Bazibuhe yimitswe kuri kano gatatu kuminsi 11/10/2017 ni nyuma yaho atorewe kuba guverineri kuminsi 29/08/2017 atsinze mu matora Mwarimu (Professor) Elie Zihindula watangajeko atazitabira amatora y’iciciro cya kabiri umunsi umwe gusa mbere y’uko aya matora aba.

Claude Nyamugabo ubarizwa muri amwe mu amashaka ari k’ubutegetsi, ishaka  ryitwa MP (Majorité Présidentielle). Claude abaye guverineri wa 29 kuva Congo yabona ubwigenge (indépendance) mu mwaka wa 1960. Tubibutse ko Claude Nyamugabo watsinze yigeze kuba Ministre wa Sport muri guvinema (Gouvernement Central). Muri aya matora, Claude Nyamugabo yagize amajwi 16/34 naho mugenzi we bari bahanganye, Elie Zihindula agira 12/34 muciciro ca mbere.

Muri uyu muhango wo kwimika guverinema nshasha izayobora intara ya Kivu y’amajepfo (Sud-Kivu), umuhango wabereye mucumba cy’ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’amajepho. Muri ibi birori Claude Nyamugabo yabwiye abari bayoboye inama ko azibanda cane cane mu kugarura amahoro mukarere. Yavuze kandi ko azakora uko ashoboye kugira ngo abashe kumara ho imitwe yitwaje intwaro (Groupes armés), ndetse kandi ko azita kubikikijeabanyaguhugu (Environment) ndetse n’imiturire yabo.

Claude kandi yavuze ko inama z’aba Ministre zizajya zibera ahatandukanye kugira ngo abashe kwerekana uburinganira mumoko yose atuye muri Kivu y’amajepfo.

Nzakora uko nshoboye kose kugira ngo amabarabara yubakwe kand abanyagihugu bagire umutekano. Muri ii gahunda nzaba mfite inkunga zivuye mu imiryango y’Ubumwe bw’uburari UE(Union Européenne). Nzabanza nkore ibarabara rya Rusizi ya mbere guhera kuri place mulamba. – Claude avuga –

Mbere yuko inama itangira, kuminsi 08/10/2017 nibwo Claude Nyamugabo yari yatangaje amazina y’abandi ba ministre icumi (10) bazakorana nawe muri gahunda ze afite kuzakora. Mu amazina yatangaje harimwo abagore babari (2).

 

– Imurenge.com, tuzakomeza tubageza ho amakuru. –

Imurenge.com yongeye kwibuka imwe mu intwari zacu.

0
Major Kagigi

BUKAVU – Imyaka umunani irashize (8 years)Intwari Major Kagigi atabarutse. Intwari Kagigi ni imwe muntwari zasize amateka akomeye Imurnge ndetse no muri Congo yose. Major Kagigi yarangwa ga n’ubufura ndetse akaba n’inyangamugayo. Raka ntiyokoreye ubwoko gusa, ahubwo yitangiye igihugu ndetse ntiyakundaga kubona akarengane.

Tubibutse yuko Nyakwigendera Major Kagigi yatabarutse kuminsi 11/10/2009 azize abanzi b’amahoro, abanzi b’igihugu.

Intwari Major yakoreye igihugu mugihe kitari gito reka ndetse yanitangiye n’ubwoko cane. Major yarashwe ubwo yaravuye mukazi aho yakoreraga aje gusura umuryango we aho warutuye i Bukavu.

– Muminsi muke , Imurenge.com turaza kubageza ho ubuzima bwa Major Kagigi ndetse tugiye kuzaza tunabageza ho n’imirimo izindi ntwari zagiye zikorera ubwoko ndetse n’igihugu cya Congo.