Abasirikare ba Leta ya Congo, aho barasana n’inyeshamba za ADF.
BENI, CONGO – Ku minsi 19/10/2017 uyu munsi hazindutse humvikana amasasu menshi mumuji wa Beni muri Kivu y’amajaruguru. Biravugwa kandi ko nubwo aya masasu yazindutse yumvikana, habaye ho gushamirana kw’ingabo za leta ya Congo aho zataniye mu mitwe n’inyeshamba z’umutwe wa ki Islamu zikomoka mu gihugu cya Uganda.
Haravugwa kandi ko nta muntu numwe wemerewe kunyura mu nzira igana Mbau cangwese ibarabara rya Kamango bitewe n’umutekano muke uhari. Uyoboye intara ya Beni, Bernard Amisi, Kalonda yatangarije abanyamakuru yuko imodoka ya General Mbangu yatwitswe n’inyeshamba za ADF (The Allied Democratic Forces).
Uhereye niyinga kugeza kuri none biravugwa yuko abantu barenga 26 aribo bamaze gusiga ubuzima muri iyo mirwano. Nubwo havugwa iyichwa ry’abaturage ba Beni, biravugwa kandi yuko muri iyi mirwano hamaze gupfa abasirikare babiri ba ONU ubwo bagerageza ga gukiza cangwe se kubuza inyeshamba kwangiriza no kwica abanyagihugu.
Kuva intambara zitangiye kuvugwa mumuji wa Beni, ubushakashatsi buremeza yuko abantu basaga magana arindwi (700 morts dans la région de Beni depuis octobre 2014.) kuva mu mwaka w’ibihumbi bibiri na cumi na kane.
KINSHA, CONGO – Nyuma y’uko Congo Kinshasa ibonye amajwi 151 kuri 97 yasabwaga maze igatsindira icyicyaro mu kanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe uburenganzira bwa kiremwa muntu, Ministre Justin Bitakwira ushinzwe iterambere ry’abaturage mu byaro (Ministre du Développement Rural) akaba ahagarariye by’agateganyo ministre w’uburenganzira bwa kiremwa muntu.
Mukiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku munsi w’ejo nakabiri i Kinshasa, Nyakubahwa Ministre Bitakwira yasabyeko amashirahamwe yose (ONG) ko Congo yatorerwa kuri uwo mwanya yakurwaho kuko asanga ko ayo mashiramwe arwanya inyungu za Congo, yagize ati:
Umuntu kuberako hari abakwishuye amafaranga arahaguruka akava Ikinshasa akajya Newyork cangwe Igeneve gusa ngo ajye kwigaragambza ngo Congo idatorwa, none ko twatowe muzajyahe? – ministre Peter Bitakwira –
Ibi byabaye nyuma yuko igihugu cya Congo yatorewe kuba umunyamuryango w’akanama k’umuryango w’abibumbye hamwe gashinzwe uburenganzira bwa kiremwa muntu kuminsi 16 /10/ 2017 itorwa n’abanyamuryango 151 kuri 193.
Aka kanama kashizweho n’inteko rusange ya ONU kuminsi 15/03/2006, kagizwe n’ibihugu 47 bitorerwa kuyobora imyaka 3. Inshingano ni ukurinda no guteza imbere uburenganzira bwa kiremwa muntu.
Ku minsi 12/10/2017, amashirahamwe y’igenga asaga 157 yo muri Congo yari yasabye abanyamuryango ba ONU kutemera ubusabe (La Candidature) bwa Congo, ati:
Philippe, umuvugizi wa Human Rights Watch yamaganye itorwa rya Congo muri kano kanama. ati: Birababaje kubona Congo yinjira mukanama.
Tegera Amajwi:
Peter, BITAKWIRA, Avuga
Peter, BITAKWIRA, Avuga
Leta zunze ubumwe z’amerika nazo zamaganye gutorwa kwa Congo, Nikki Haley uyihagarariye ONU yavuze ko gutora Congo bigaragaza uburyo aka kanama katakaje icyizere. Uhagarariye ubwongereza muri ONU, Matthew Rycroft nawe yavuze ko guhitamwo Congo ari ibintu bibabaje. Marie Ange Mushobekwa, ministre ushinzwe uburenganzira bwa kiremwa muntu we yavuzeko ibihugu byose bigize akanama atari intangarugero mu kwubahiriza uburenganzira bwa kiremwa muntu. Yagize ati:
Igihe amashirahamwe nka LUCHA akora, tukagira amashaka ya politike arenga 600, ama radio 300, ama televiziyo arenga 60 mu gihugu; ndatekereza ko bikwiriye ko tugira icyicyaro mu kanama ka ONU gashinzwe uburenganzira bwa kiremwa muntu.
Lambert Mendé umuvugizi wa Leta ya Congo we yavuze ko gutora Congo ari ikimenyetso cy’ubumwe, naho uhagaririye Leta zunze ubumwe z’Amerika yari akwiriye gusura Congo aho guhora yishingiriza ku abanyamakuru n’abaharanira uburenganzira bwa kiremwa muntu.
MINEMBWE – Ku munsi wa none niyinga ku minsi 15/10/2017, ibihumbi by’abantu batuye hirya no hino mukarere k’imisozi miremire barimo inshuti n’abavandimwe bitabiriye umuhango wo guherekeza no gushingura intwali yacyu Gadi Rurwanyintare witabye.
Nyakwigendera Gadi yitabye Imana ku myaka 53 y’amavuko. Umubiri wa Gadi ukaba washinguwe i Lundu ho muri Secteur y’Itombwe.
Bamwe mu bashefu bo mu Minembwe bagize icyo batangaza kuri uyu munsi wo guherekeza Gadi.
MINEMBWE – M’umwanya muto ushize niho twashoboye kwakira gahunda yo guherekeza no gushingura Nyakwigendera Rurwanyintare Gadi.
Umuryango wa Nyakwigendera wabanjije kubashimira mwese k’urukundo mwagaragarije umuryango we kuva aho mwakiriye inkuru yuko Gadi yitabye Imana, binyuze mu butumwa bw’ihumure, inkunga no kubaba hafi muri ibi gihe by’akababaro.
Dore uko gahunda imeze:
Itsinda ryashyizweho na komite y’i Nairobi niya Kigali ryifuje kubagezaho mu gahunda ikurikira.
Gahunda ya Niposho (None) ku minsi 14/10/2017
10:00: Amasaha yo gusezera umurambo i Nairobi, Kenya
15:00: Amasaha yo guhaguruka i Nairobi (Amasaha y’i Nairobi) kugera Kigali 15:30 (Kigali time).
16:30: Amasaha yo gusohoka mu kibuga Kanombe.
17:00-21:00: Imihango yo gusezeraho nyakwigendera i Kigali murusengero rwa NAZARENI Kicukiro
22:00: Amasaha yo guhaguruka Kigali twerekeza Bukavu
Gahunda ya Niyinga (Ejo) ku minsi 15/10/2017
8:00-9:00: Amasaha yo gusezera umurambo i Bukavu mu gitondo.
9h30: Amasaha yo kugera ku kibuga cya Kavumu Bukavu
11:00: Amasaha yo guhaguruka kukibuga cy’indege cy’i Kavumu i Bukavu
11:45: Amasaha yo kugera mu Minembwe.
13:30: Amasaha yo gutangira imihango yo gushyingura.
BUKAVU – Claude Nyamugabo Bazibuhe yimitswe kuri kano gatatu kuminsi 11/10/2017 ni nyuma yaho atorewe kuba guverineri kuminsi 29/08/2017 atsinze mu matora Mwarimu (Professor) Elie Zihindula watangajeko atazitabira amatora y’iciciro cya kabiri umunsi umwe gusa mbere y’uko aya matora aba.
Claude Nyamugabo ubarizwa muri amwe mu amashaka ari k’ubutegetsi, ishaka ryitwa MP (Majorité Présidentielle). Claude abaye guverineri wa 29 kuva Congo yabona ubwigenge (indépendance) mu mwaka wa 1960. Tubibutse ko Claude Nyamugabo watsinze yigeze kuba Ministre wa Sport muri guvinema (Gouvernement Central). Muri aya matora, Claude Nyamugabo yagize amajwi 16/34 naho mugenzi we bari bahanganye, Elie Zihindula agira 12/34 muciciro ca mbere.
Muri uyu muhango wo kwimika guverinema nshasha izayobora intara ya Kivu y’amajepfo (Sud-Kivu), umuhango wabereye mucumba cy’ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’amajepho. Muri ibi birori Claude Nyamugabo yabwiye abari bayoboye inama ko azibanda cane cane mu kugarura amahoro mukarere. Yavuze kandi ko azakora uko ashoboye kugira ngo abashe kumara ho imitwe yitwaje intwaro (Groupes armés), ndetse kandi ko azita kubikikijeabanyaguhugu (Environment) ndetse n’imiturire yabo.
Claude kandi yavuze ko inama z’aba Ministre zizajya zibera ahatandukanye kugira ngo abashe kwerekana uburinganira mumoko yose atuye muri Kivu y’amajepfo.
Nzakora uko nshoboye kose kugira ngo amabarabara yubakwe kand abanyagihugu bagire umutekano. Muri ii gahunda nzaba mfite inkunga zivuye mu imiryango y’Ubumwe bw’uburari UE(Union Européenne). Nzabanza nkore ibarabara rya Rusizi ya mbere guhera kuri place mulamba. – Claude avuga –
Mbere yuko inama itangira, kuminsi 08/10/2017 nibwo Claude Nyamugabo yari yatangaje amazina y’abandi ba ministre icumi (10) bazakorana nawe muri gahunda ze afite kuzakora. Mu amazina yatangaje harimwo abagore babari (2).